Print

U Burundi bwemeye inkingo Banki y’isi yabingingiye gufata

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 29 July 2021 Yasuwe: 506

Minisitiri w’Ubuzima mu Burundi,Dr Thaddée Ndikumana yabwiye abanyamakuru ko izo nkingo basabwe na Banki y’isi ko bazihabwa, mu ibaruwa yabandikiye.

Ati: "Imyanzuro yafashwe kugeza ubu ni uko imiryango ifunguye, badusabye ko twashaka aho tuzazishyira."

Yongeraho ko "leta nta ruhare izagira mu gusaba abenegihugu kwikingiza", ko uzabishaka ariwe uzikingiza."

Leta y’Uburundi yabanje kwemera inkingo za Covid ivuga ko izabanza kureba uburyo zikora ahandi,mbere y’uko izemera mu gihugu.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Dr Ndikumana yemeje amakuru ko Covid yiyongereye mu ntara za Kirundo na Ngozi, intara zihana imbibi n’u Rwanda no muri Bujumbura.

Yatangaje ko bagomba kuguruka ibigo byo kuvuriramo abarwaye Covid muri utwo turere iyi virus yazamutse.

Abantu hafi 6,000 nibo bamaze gusanganwa indwara ya Covid kuva igeze mu Burundi, naho abandi umunani gusa nibo imaze guhitana, nkuko biri mu mibare iheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima mu byumweru 2 bishize.

BBC