Print

Cristiano Ronaldo yishimiye igikorwa cyiza Manchester United yakoreye umukinnyi wayo

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 16 August 2021 Yasuwe: 1770

United yanenzwe bikomeye n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu cyumweru gishize kubera ukuntu yatinze gutangaza ku mugaragaro uyu myugariro waguzwe miliyoni zirenga 42 z’amapawundi ariko yo yashakaga kumwerekana imbere y’abafana kuwa Gatandatu.

Varane uzajya yambara nimero 19 mu mugongo,yishimiye iki gikorwa yakorewe na United ndetse ari imbere y’abafana yifashe ifoto ya selfie ari imbere yabo.

Ubwo Varane yari amaze kwerekwa abafana,umunyabigwi wa Manchester United,Rio Ferdinand yahise yandika kuri Instagram ye ati “Manchester United,Raphael Varane.Mwakoze,intsinzi,intsinzi,intsinzi.”

Cristiano Ronaldo abonye ubu butumwa yahise agira ati “Byiza cyane”.

Ubwo United yari imaze kunyagira Leeds,umutoza Solskjaer yagize ati “Ntabwo twavuganye nyuma y’umukino,ariko ni igihe cyiza kuri we ndetse no ku bafana bari bashaka kumubona kandi nawe yashakaga kubona abakinnyi bagenzi be.

Ntegereje gukorana nawe.N’umunyamwuga,nakurikiranye imyitwarire ye kandi namwe mwabonye ukuntu yitwara n’ukuntu abaho ubuzima bwe.

Ibiganiro byose nagiranye nawe nibyo yagiranye n’ikipe bigaragaza ko tubonye umuntu ukomeye n’umukinnyi ukomeye.”