Print

Pep Guardiola yahishuye igihe azavira muri Manchester City n’akazi azahita akora

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 26 August 2021 Yasuwe: 1469

Pep Guardiola avuga ko azava muri Manchester City kontaro ye nirangira mu mwaka wa 2023 - kandi yizeye gutoza ikipe y’igihugu.

Guardiola w’imyaka 50, wageze muri City mu 2016, arateganya "gufata ikiruhuko" ubwo azaba amaze imyaka irindwi muri Premier League.

Yagize ati: "Ntekereza ko ngiye guhagarika. Ngiye gucyenera gufata ikiruhuko, ndebe ibyo twakoze".

"Intambwe izakurikiraho izaba ari ikipe y’igihugu, nibishoboka".

Ubwo yavugiraga mu gikorwa cyo ku rubuga rwa internet cyateguwe na kompanyi y’ishoramari yo muri Brazil ya XP Investimentos, amagambo ye yasubiwemo na ESPN Brasil yongeraho ati:

"Nifuza kuba natoza (ikipe) iyo muri Amerika y’epfo, iy’i Burayi, gukina Copa America, ndashaka kumva uko ibyo bimera".

Aya amakuru yatunguye City kuko yahuriranye n’umunsi yatakaje amahirwe yayo yo kugura rutahizamu Harry Kane wa Tottenham.

Uyu kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ku wa gatatu yemeje ko azakomeza gukinira Spurs kuri iyi mpeshyi.

Guardiola yegukanye ibikombe bitatu bya Premier League, igikombe cya FA, ndetse n’ibikombe bine byikurikiranya bya League Cups ari kumwe na City.

Nyuma yo kuva muri Barcelona mu 2012, yafashe ikiruhuko cy’amezi 12 adatoza, mbere yuko yerekeza muri Bayern Munich.

BBC