Mu masaha macye ashize, Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie, atangaje urupfu rwa Sekuru, agaragaza amwifuriza iruhuko ridashira mu butumwa bw’ifoto.
Ifoto Miss Naomie yifashishije yifuriza iruhuko ridashira sogokuru we
Nishimwe Naomie yagize ati: “Uruhukire mu mahoro sogoku” , anagaragaza ko ababajwe no kuba abuze umuntu yakundandaga muri ‘emoji’ yongeyeho.
Mu minsi ishize, Naomie yari ‘yapostinze’ agaragaza ko yishimiye cyane ubukwe bwa sekuru nawe wari wasezeranye imbere y’Imana.Kugeza ubu amakuru arambuye ntaramenyekana neza ku bijyanye n’urupfu rw’uyu mubyeyi.
Imana imuhe iruhuko ridashira kandi twihanganishije umuryango n’inshuti.