Print

Sudan: Hapfubye ihirikwa ry’ubutegetsi ryari rikozwe na bamwe mu basirikare

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 21 September 2021 Yasuwe: 981

Ku wa kabiri, abategetsi ba Sudani bavuze ko itsinda ry’abasirikare ryagerageje guhirika ubutegetsi ariko bakavuga ko batsinzwe kandi ko ingabo zikomeje kugenzura umutekano w’igihugu.

Televiziyo ya leta ya Sudani yahamagariye abaturage "kurwanya" ihirikwa ry’ubutegetsi ariko ntiyatanga ibisobanuro birambuye.

ki kinyamakuru cyagize kiti: "Habaheyo kugerageza guhirika ubutegetsi, abaturage bakwiriye guhaguruka bakabirwanya".

“Byose biri ku murongo. Impinduramatwara iratsinze ”, ibi bikaba byavuzwe na Mohamed Al Faki Suleiman, umwe mu bayobozi bari mu itsinda ry’abasirikare n’abasivili bari ku butegetsi muri Sudani. Yahamagariye kandi Abanyasudani kunga ubumwe n’ubutegetsi.

Hagati aho, televiziyo ya Sudani yatangiye gucuranga indirimbo zo gukunda igihugu.

Umwe mu bayobozi b’ingabo yavuze ko umubare utazwi w’ingabo ariwo uri nyuma y’uko kugerageza guhirika ubutegetsi kandi ko bagerageje kwigarurira inzego nyinshi za leta zirimo na radio ariko bakomwa mu nkokora bataragera ku ntego yabo.

Uyu muyobozi utashatse ko izina rye ritangazwa kubera ko atemerewe kuvugisha itangazamakuru, yavuze ko ingabo nyinshi, harimo n’abasirikare bakuru, batawe muri yombi. Ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye, avuga ko itangazo rya gisirikare rizasohoka vuba.

Yavuze ko ibazwa ry’abakekwaho kugira uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi, ku wa mbere rigomba gutangira kandi igisirikare kizatanga itangazo vuba.

Sudani iri mu nzira itoroshye iganisha ku butegetsi bwa demokarasi kuva igisirikare cyirukana ku butegetsi Perezida Omar al-Bashir muri Mata 2019, nyuma y’amezi ane y’imyigaragambyo.

Ubu igihugu kiyobowe na guverinoma ihuriweho n’abasivili n’abasirikare bahanganye n’ibibazo bikomeye by’ubukungu n’umutekano.