Print

Lt Gen Mubarakh Muganga yahaye ubutumwa bukomeye APR FC nyuma yo gusezerera Mogadishu City FC

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 29 September 2021 Yasuwe: 1266

Umuyobozi w’ikipe y’ingabo z’igihugu FC Lt Gen Mubarakh Muganga, yanaboneyeho gushimira abakinnyi uburyo bitwaye mu cyiciro cya bere cy’imikino ya CAF Champions League ubwo batsindaga ikipe ya Mogadishu City Club yo muri Somalia ndetse bakaza no kuyisezerera.

Yagize ati” Ndabashimira uburyo mwitwaye mukuramo iriya kipe nyamara ibarizwamo abakinnyi mpuzamahanga barenga barindwi byari ibyishimo, n’ubwo ntabashije kugera kuri sitade ngo nkurikirane uriya mukino kuko narindi m’ubutumwa bw’akazi, ariko nawukurikiranye mu buryo bw’amashusho. Mwitwaye neza, ntabwo nari narabonye uburyo bwo kubashimira ku mugaragaro ubu nicyo cyanzanye.”

Yasoje asaba abakinnyi gukomeza intego bihaye zo gutsinda, no gukomeza gukora imyitozo neza kugira ngo bazabashe gukuramo n’ikipe ya Etoile du Sahel yo muri Tunisia tuzakina nayo mu kwezi gutaha.

Yagize ati ” Nsoje mbasaba gukomeza imyitozo myiza kugira ngo tuzabashe no gutahana intsinzi mu mikino tuzakurikizaho, imyitozo murayikora neza twizeye ko nahandi tuzabona intsinzi ituma Ingabo z’Igihugu zishima, abakunzi ba APR FC n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange bikaba akarusho.”

APR FC