Print

Umusore yagiye kwigurisha ku muhanda kubera ubukene bukabije arimo

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 25 October 2021 Yasuwe: 1892

Muri leta ya Kano yo muri Nigeria umusore yagiye ku muhanda afite icyapa kivuga ko yishyize ku isoko ashaka umugura kubera ikibazo cy’ubukene afite.

Aliyu Na Idris, ufite imyaka 26, ukomoka muri leta ya Kaduna, yagiye mu mihanda ya Kano afashe icyapa kivuga ko "agurishwa." "

Ku cyapa cye hari handitseho ngo: "Uyu mugabo agurishwa $ 48,640".

Aliyu Na Idris mu kiganiro na Daily Trust yatangaje ko yahisemo kujya kwigurisha kubera ibibazo by’amafaranga kandi amaze iminsi itanu mu muhanda ashaka umuguzi.

Ati: "Nubwo abantu benshi bampaye ibiciro bitandukanye, narabyanze kuko amafaranga ari make kuruta ayo nifuza".

Uyu musore w’umudozi yatangaje ko ubucuruzi bwe bwahagaze kubera ikibazo cy’amafaranga, bityo yahisemo kujya kugurisha mu rwego rwo kubyutsa umutwe.

Avuga ku byo azakoresha amafaranga aramutse abonye umuguzi, yagize ati: “Nzaha ababyeyi banjye amadolari 24.320, amadolari 12.000 y’imisoro ya leta naguzwemo naho 4.860 nyishyure umuntu wamfashije kwamamaza. Hanyuma asigaye azabikwa n’umuntu wanguze kugira ngo amafashe kubaho mu buzima bwa buri munsi. "