Print

Umwarimukazi yatamajwe n’amashusho ari gusambana n’umwana muto yigisha

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 14 December 2021 Yasuwe: 5046

Ayanna Davis, ufite imyaka 20,wari wasimbuye umwarimu w’icyongereza mu ishuri ryisumbuye rya Lakeland muri Floride, muri Amerika, yashyize kuri Snapchat amashusho ari gusambana n’umwana muto wo mu mashuri yisumbuye.

Nyuma yo kumuhata ibibazo ku wa gatanu, abapolisi bashinjaga uyu mugore icyaha cyo gusambana n’umuzamu w’ikigo ndetse n’ibyaha byibasiye abanyeshuri bato.

Ikinyamakuru New York Post cyatangaje ko Davis yemeye ko yaryamanye n’uyu munyeshuri inshuro enye zitandukanye - kabiri iwe na kabiri iwabo w’uwo mwana w’umuhungu.

Gushidikanya byatangiye kwiyongera ubwo amashusho yatangiraga gukwirakwira aturutse mu ikipe y’ikigo y’umukino wa Football Americain , bituma hatangira iperereza.

Abayobozi b’ikigo bavuze ko Davis atari umukozi wabo, ahubwo yigishije mu ishuri ryisumbuye rya Lakeland nk’umwarimu usimbura ku masezerano na Kelly Education Services.

Abashinzwe uburezi bijeje ababyeyi ko uyu mwarimukazi yabujijwe kuzongera kwigisha mashuri yose yo muri ako karere.