Print

Asinah Errah yateye utwatsi abavuga ko ari mu munyenga w’urukundo n’umuhanzi Alto

Yanditwe na: Rebecca UFITAMAHORO 6 January 2022 Yasuwe: 1890

Ku munsi w’ejo tariki ya 5 nibwo hasahakaye amashuho ku mbuga nkoranya mbaga ya Asinah Erra wigeze gukundana na Riderman ari kumwe n’umuhanzi Alto bari mu bihe byiza , maze benshi bahita bacyeka ko baba bari mu rukundo n’uyu muhanzi,maze ibinyamakuru bitandukanye bitangira gutagaza ko bari mu rukundo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane Asinah yahakanye amakuru y’urukundo rwavuzwe hagati ye n’uyu muhanzi Alto avuga ko ari ibinyoma yemeza ko afite umukunzi umwe n’ubwo yirinze kumugaragaza neza isura ye, anasaba ibinyamakuru byatagaje iyo nkuru y’ibihuha gusiba inkuru bamwanditseho, avuga ko nibatayisiba yitabaza inzego zibishinzwe..

Ubu butumwa yabunyujije kuri story ye ya Instagram agira ati”Ndasaba ibinyamakuru byatanze inkuru zibihuha kubuzima bwanjye bwite , gusiba izo nkuru mugihe ki isaha imwe 10:h00 kuri uyu 6 Mata 2022 nibitubahirizwa ndifashisha ubuyobozi ,Murakoze!!


Amashusho ya video yasakaye ku munsi w’ejo benshi bahamya ko aba bombi bari mu rukundo