Print

US: Guhusha kwica idubu byavuyemo gupfa kw’abavandimwe babiri

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 11 February 2022 Yasuwe: 1143

Uyu mugabo yahamagaye nimero yo gutabaza ya 911 avuga ibibaye, ariko ahita yirebeshaho imbunda arirasa mbere y’uko polisi ihagera.

Byabaye kuwa kabiri mu gitondo ahitwa Sunny Valley mu cyaro cyo muri iyo leta hafi y’umupaka ihana na California.

Amazina y’abo bagabo bombi bapfuye ntiyatangajwe.

Muri leta ya Oregon habarurwa amadubu arenga 25,000 kandi abahatuye baburirwa kenshi kwirinda guhangana nayo.

Umukuru wa polisi ahabereye iryo bara, yavuze ko uwahamagaye 911 yavuze ko yariho asharija imbunda ye ngo arase iryo dubu.

Polisi igeze muri urwo rugo, yasanze abo bagabo bombi bapfuye, buri wese yishwe n’isasu rimwe.

Polisi ivug ako iri gukora iperereza kandi ibizarivamo bizatangazwa hanyuma.

Kwiyongera ko gutunga imbunda muri Amerika byazanye no kwiyongera kw’impfu no gukomereka by’impanuka n’ibigambiriwe.

Hafi abantu 500 buri mwaka bapfa mu kurasa by’impanuka, nk’uko imibare ya Educational Fund to Stop Gun Violence ibigaragaza.

BBC