Print

Shaddyboo yerekanye umukunzi we mushya wigaruriye umutima we [IFOTO]

Yanditwe na: Rebecca UFITAMAHORO 8 March 2022 Yasuwe: 1780

Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddyboo yerekanye umusore usigaye warigaruriye umutima we Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Shaddyboo yashyize hanze ifoto ye ari kumwe n’umusore ayiherekesha amagambo y’urukundo , ibi bikaba byerekana ko ari mu rukundo n’uyu musore.

Shaddyboo yashyize hanze iyi foto nyuma yo nyuma y’amashusho amaze Iminsi asakaye ku mbuga nkoranyambaga arikumwe n’umusore mubihe byiza bahana akambizu , benshi batangira kwibaza n’iba uyu munyamideli ukunzwe kuragwa n’udushya mu rukundo ko yabonye umukunzi mushya nyuma y’igihe kinini .

Uyu munyadushya Shaddyboo yagize ati
"Amaherezo uzahura n’umuntu urambiwe imikino nyayo… kandi ubudahemuka bwe buzahura n’ubwawe."

View this post on Instagram

A post shared by The Choice (@thechoice_live)

Mbabazi Shadia wubatse izina nka Shaddy Boo kumbuga nkoranyambaga kubera amafoto n’amashusho (Video) ashyira ho abantu benshi hari uko bamubona hari n’abadatinya kuvuga ko ari ’Slay Queen’, nabamubona nk’umukobwa wicuruza n’ibindi.

ShaddyBoo ubusanzwe afite abana babiri b’abakobwa yabyaranye na Meddy Saleh utunganya amashusho y’abahanzi,ndetse akaba yaragiye avugwa mu rukundo n’ibyamamare bitandukanye byo mukarere u Rwanda rutuyemo k’Iburasirazuba bwa Afurika barimo Diamond ndetse na Dimpoz.