Print

Ihere ijisho amafoto y’ubukwe bwa Miss Irene n’umusore uba mu Buyapani(Amafoto)

Yanditwe na: ISHIMWE JANE 19 March 2022 Yasuwe: 2479

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa 18 Werurwe 2022 ubanzirizwa no gusaba no gukwa Murebwayire Irene nyuma yaho aba bombi basezerana kubana akaramata imbere y’Imana murusengero rwa Four Square Kimironko.

Ku ya 27 Gashyantare 2022, nibwo uyu mukobwa yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi yakorewe n’urungano rwe mu birori bimenyerewe nka ‘Bridal shower’.

Eugene wegukanye Irene asanzwe atuye mu gihugu cyo ku mugabane wa Asia cy’u Buyapani, aba bombi bakaba barasezeranye imbere y’amategeko kuwa 17 Werurwe 2022 mu mujyi wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge Umurenge wa Nyarugenge.

Murebwayire ni umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2019 ahagarariye Intara y’Iburasirazuba.

Mu busanzwe, Murebwayire Irene yamamaye mu bikorwa bitandukanye birimo kumurika imideli nko muri Kigali Fashion Week

Nyuma y’uko kandi ku myaka 7 yagaragaye muri filimi ivuga ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi, yari aherutse mu mwaka wa 2021 gutangira gushyira hanze iyitwa ‘Kanyana’.

Murebwayire Irene yemeranyijwe na Eugene Ishimwe kubana nk’umugore n’umugabo

Byari ibyishimo k’umugeni n’abamwambariye

Abasaza bishimiye kubona ibirori by’abana

Umuhanzi Yvanny Mpano ari mbitabiriye ibi birori