Mu nkuru dukesha ikinyamakuru Igihe cyabashije kuganira numwe mubari inshuti Nyakwigendera yahamije ko Buhigiro Jaques yitabye Imana kuri uyu wa 14 Mata 2022.
Yagize Ati “Yitabye Imana azize uburwayi, mu minsi ishize yafashwe na Stroke ajyanwa kwa muganga none birangiye yitahiye.”
Uretse kandi kuba yari umuhanzi , Buhigiro wari ufite imyaka 78 yari n’umunyezamu w’amateka muri Rayon Sports yo ha mbere. Ni umwe mu bakinnyi batangiranye na Rayon Sports ubwo yashingwaga.
Uyu musaza kandi yari umuganga unafite ivuriro rivura Abakinnyi ba makipe y’Igihugu mu ma Federasiyo atandukanye afatanyije na Minisiteri y’Imikino.