Keza Terisky aherutse kwambikwa impeta na The Trainer biherutse kuvugwa ko abo aba bombi batandukanye ariko bakaza gusubirana.
Keza na The Trainer bamenyanye mu kwezi kwa kane kwa 2021 ariko bemeranya urukundo kuri 17 Nyakanga k’uwo mwaka nkuko uyu mukobwa yabivuze mu kiganiro aherutse gukorana n’umunyamakuru Yago.
Keza avuga ko nubwo bakundanye hatagiye haburamo ibicantege bitewe nuko bose bazwi no kugira inshuti mbi yagize ati" buriya umuntu uri hafi yawe niwe ushobora kukuzamura cyangwa akagushyira hasi abantu dukwiye kujya twitondera babantu dufata nk’inshuti magara tukitondera nibyo batubwira kuko iyo bitadusenye biratwubaka".
Keza yavuze ko yishimiye kwambikwa impeta na The Trainer avuga ko iteka yahoraga yiteguye kubwe kandi yamubonaga nk’umugabo w’inzozi ze.
Muri 22019 Keza yambitswe impeta n’Umugande birangira ayimusubije
Keza yakunze kugaragara mu ndirimbo nyinshi zitandukanye harimo n’iza Urban Boys
Keza avuga ko ukwezi yamaze yaratandukanye na The Trainer ariko kwezi yababaye mu buzima bwe