Print

Lt Gen Muhoozi yatangaje ko yiteguye kwinjira muri DRC ubwe akarwanya ADF

Yanditwe na: Joseph Iradukunda 21 April 2022 Yasuwe: 1310

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yasabye abanye Congo kudatinya inyeshyamba za ADF zitavuga rumwe na Leta ya Uganda kuko ubwe yiteguye kuzihirukana burundu.

Gen Kainerugaba yavuze ko azakora ibi mu gihe abakuru b’ibihugu byombi ,Perezida Museveni na Perezida Tshisekedi wa Congo babimwemerera.

Ku rukuta rwe rwa Tweeter, Gen Kainerugaba yagize ati “Bavandimwe barumuna banjye na bashiki banjye b’abanye Congo, nti mukwiye gutinya ADF. Ngiye kwiyizira bidatinze gushing ibirindiro aho ngaho niba abakuru b’ibihugu byombi ,Perezida Museveni na Perezida Tshisekedi. Ni babyemera, Nziyoborera igikorwa cyanyuma cy’intsinzi cy’ingabo zacu zinza duhuriyeho mu mugambi Shujaa!”

My Congolese brothers and sisters should not fear ADF. I'm coming soon to DRC to make my headquarters there, if my two Presidents @KagutaMuseveni and H.E. Tshisekedi accept. If they accept I will supervise the last manoeuvres of our very successful Operation Shujaa!

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) April 21, 2022

Nta gihe gishize, ingabo za Uganda UPDF n’iza Congo FARDC zigabye igitero cy’inde ku nyeshyamba za ADF mu gace ka Ituri maze zigata ibirindiro byazo bikomeye muri ako gace.
Kimwe n’indi mitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano muri kivu y’uburasirazubwa bwa DRC, Abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango w’Afurika y’iburasirazuba barayifataho umwanzura mu nama y’umutekano ibahuriza muri Kenya.