Print

Leta y’u Burundi yatangaje umubare wa nyawo w’abasirikare bayo bapfuye

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 4 May 2022 Yasuwe: 2019

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Ndayishimiye yavuze ko nta magambo ahagije yo kwamagana "igitero cy’iterabwoba ku ngabo z’Abarundi".

Itangazo ry’igisirikare cy’u Burundi ryo kuwa gatatu rivuga ko iki gitero cya al-Shabab cyaguyemo abasirikare 10, batanu baburirwa irengero, naho 25 barakomereka.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’ingabo z’u Burundi rivuga ko "abaterabwoba 20 ba al-Shabab" nabo bishwe mu "imirwano ikomeye" yabaye.

Leta ya Somalia n’umuryango w’ubumwe bwa Africa byatangaje ko byamaganye "igitero cy’iterabwoba" cyakozwe ku kigo cy’ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwa ATMIS muri Somalia.

Izo mpande zombi mu matangazo zasohoye zivuga ko zihanganishije u Burundi ku abasirikare babwo baguye muri icyo gitero, ariko zose zirinze kuvuga umubare w’abapfuye.

Ibiro ntaramakuru AFP bivuga ko umusirikare wo ku rwego rwo hejuru w’u Burundi yavuze ko hapfuye abasirikare 30, abandi 22 bagakomereka, naho abarenga 10 bari bataraboneka.

Moussa Faki ukuriye Komisiyo y’Ubumwe bwa Africa yatangaje kuri Twitter ko yavuganye na Perezida Evariste Ndayishimiye mu "guha icyubahiro ingabo" ziciwe muri icyo gitero.

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab wigambye iki gitero ukanavuga ko wafashe icyo kigo cya gisirikare, ubu uravuga ko wishe abasirikare 173.

Uyu mutwe uzwiho gukabiriza ubukana bw’’ibitero ukora, ku mpamvu z’icengezamatwara.

Wasohoye kandi video yerekana imirambo isa n’iy’abasirikare irambaraye hasi, nk’uko bivugwa n’ikigo SITE Intelligence Group gikurikirana ibikorwa by’imitwe y’abahezanguni.

Imibare ya al-Shabab n’iyo video ntabwo byagenzuwe mu buryo bwigenga

Iki nicyo gitero cya mbere ku ngabo za African Union Transition Mission in Somalia (ATMIS) kuva zifashe iryo zina mu kwezi gushize kwa Mata risimbura iryahozeho rya AMISOM.

U Burundi ni ubwa kabiri mu kugira ingabo nyinshi muri ATMIS - nyuma ya Uganda - ingabo zose hamwe ubu zikuriwe na Lieutenant General Diomède Ndegeya w’Uburundi.

BBC


Comments

Kubatiza 4 May 2022

Ariko nubundi UN yavuze ko FNB batujuje ibisabwa kuba abasirikare.
Buriya hapfuye nka 50.