Uyu mu kobwa ukunzwe na benshi kubera uburyo akora akazi ke akunze no kugaragara muri Miss Rwanda aho afasha mu gutangaza amanota cyangwa se imyanya y’uko abaitabiriye irushanwa bagiye bakurikirana.
Martina uretse kuba akunze gukoreshwa muri iri rushanwa abantu benshi bakunze kuvuga ko nawe yakabaye yambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda kubera uburanga bwe n’imiterere ikunze kuvugisha benshi mu bamukurikirana.
Uretse kandi kuba yaramenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru Martina yamenyekanye cyane ubwo havugwaga inkuru ye y’urukundo na Christopher nubwo aba bombi nta numwe wigeze agira icyo atangaza kuri iyo nkuru yabavuzweho.