Print

Weasel yateguje ubukwe buhenze Sandra Teta bitegura kurushinga

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 11 May 2022 Yasuwe: 669

Umuhanzi wahoze ari icyamamare muri Goodlyf Weasel Manizo yatangaje yishimye cyane ko afite umugambi wo gukura ku mugaragaro umukunzi we “mu rugo rwa se" bakabana akaramata.

Mu kiganiro yagiranye na Spark TV, Weasel yavuze ko atamenyekanisha umukunzi we kubera gutinya ’abandi’ bashobora kumwiba. Icyakora, nyuma yaje kwerura ati: "Isi yose izi uwo ari we,ni Sandra Teta".

Weasel yashushanyije ifoto y’ukuntu we n’abazamuherekeza mu bukwe mu Rwanda bazaba barimbye,birangira yemeje ko bizaba bihenze. Yongeyeho ariko ko bazagurira amatike bamwe mu bazabaherekeza.

Weasel agira ati: "Yambyariye abana babiri rero nicyo gihe ngo twashime." Yongeyeho ati: Rata mugore wanjye niba undeba kuri televiziyo, ninjye mugabo wawe. Waranyuze, naremeye.”

Mu ijwi riranguruye, Weasel yavuze ko iyo umugabo atinze gushyingiranwa n’umukunzi we, birangira abandi bamwitwariye. Yashoje agira ati: “Ndanezerewe cyane.

Weasel na Sandra bakundanye kuva mu mpera za 2018 ubwo Weasel yari umukiriya uhoraho mu kabari ka Sandra bigeze guhurira mu Rwanda mbere y’aho.

Bashyize ahagaragara urukundo rwabo ubwo uyu mukobwa igihe yagaragaraga mu ndirimbo ya Weasel ’Guwoma’ yari igamije gutanga umucyo ku mibanire yabo.

Sandra yitabiriye amarushanwa y’ubwiza ya Miss SFB mu 2011, maze aba igisonga cya 2.Ibi byakinguye imiryango ye yinjira muri showbiz.

Sandra yahawe akazi k’igihe gito nyuma yo kwerekeza i Kampala kugirango azamure akabari kitwa Hideout Bar & Lounge kari ahitwa Lugogo, kari gakunzwe cyane n’abahanzi, cyane cyane abo mu muryango wa Mayanja.

Sandra na Weasel bafitanye abana babiri hagati yabo, umukobwa n’umuhungu.Uyu muhanzi arashaka gushyingiranwa n’uyu munyarwandakazi.