Finland yatangaje ko ishaka kwinjira muri NATO kugira ngo yizere umutekano wayo
Perezida Sauli Niinisto na Minisitiri w’intebe Sanna Marin ba Finland batangaje ko igihugu cyabo kigomba gusaba kwinjira muri OTAN/NATO kubera uko ibintu byifashe ubu.
Aba bategetsi bavuze ko kuba Uburusiya bwarateye Ukraine byahinduye ishusho y’umutekano wa Finland, gusa bongeraho ko nta giteye ubwoba aka kanya.
Uburusiya buherutse kuburira Finland na Sweden ko byabona ingaruka za gisirikare na politiki mu gihe byava kuri politike yabyo y’igihe kinini yo kutagira uruhande mu bya gisirikare.
Mu myka ishize abatuye Finland bifuzaga ko ijya muri NATO bari hagati ya 20 na 25%, ariko nyuma y’uko Uburusiya buteye Ukraine bageze kuri 76%, nk’uko ikusanyabitekerezo riheruka ribyerekana.
Finland, isangiye umupaka wa 1,300km n’amateka agoye n’Uburusiya, mbere yari yaririnze kwinjira muri iryo shyirahamwe ry’ubufatanye mu bya gisirikare.