Print

Umuyobozi w’agace yashyinguwe yicaye anakorerwa imigenzo yihariye

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 7 July 2022 Yasuwe: 1767

Umuyobozi w’agace kitwa Ngoni muri Zambia yashyinguwe mu isanduku ihagaritse kuko yashyinguwe yicaye aho kuryamishwa nkuko bikorwa ku bandi.

Imihango yo gushyingura yatangiranye no kuvuga ku rupfu rwe, gucukura imva hafi y’ahorerrwa inka , gutegura umurambo no kuwicaza no gushyingurana umurambo n’ibintu bye.

Umunsi ukurikira gushyingura,harekuwe amatungo ajya gukinira hejuru y’imva y’uyu mutware,hakorwa isuku ku bitabiriye icyunamo binyuze mu kogosha imitwe yabo hanyuma abapfakazi bambara ingofero z’icyunamo (zitambo) kugira ngo bagaragaze akababaro kabo. Byongeye kandi hishwe itungo nk’igitambo cy’abaturage hanyuma rigabanywa abagize umuryango we.

Umuhango wo kogosha wakurikiwe no guhamagarira imyuka guha imbaraga umuyobozi mushya washyizweho.

Umuriro ukorwa kugirango utekeshe byeri yibitambo kandi calabash yinzoga itangwa kumyuka ya nyakwigendera.

Bahise babaga itungo, baritambira imyuka ya nyakwigendera bizera ko uzagaruka.

Abogoshwe bahise bafata umusatsi wabo bajya kuwtwikira hafi y’uruzi. Ivu rijugunywa mu mazi kandi abari mu cyunamo bakubiswe mbere yo gusangira muri uyu muhango.