Print

APR FC yasinyishike umusore wifuzwaga cyane na Rayon Sports

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 8 July 2022 Yasuwe: 2348

Fabio NDIKUMANA wakiniraga Musanze FC yasinye amasezerano y’imyaka 2 mu ikipe ya APR FC.

Uyu musore yifuzwaga cyane n’ikipe ya Rayon Sports ariko birangiye APR FC ariyo imwegukanye.

Uyu Ndikumana Fábio,w’imyaka 20,wakinaga hagati asatira muri Musanze FC yerekeje muri APR FC nubwo mu minsi ishize byari byavuzwe ko Rayon Sports imushaka ndetse yifuza kumutangaho miliyoni 10 FRW nk’ikiguzi cy’amasezerano y’imyaka 2 yari asigaje mu masezerano ye.

Uyu musore ukomoka ahitwa mu Byangabo mu karere ka Musanze azwiho kugira imbaraga mu mikinire ye cyane ko akina hagati.

Amakuru avuga ko Rayon Sports yashatse Nkundimana Fábio,Musanze FC iyica Miliyoni 10 Frw,baremeranya,irataha, igaruka ivuga ibyo kwishyura mu bice.

Mu gihe Musanze FC ikibitekerezaho,APR iyizanira 15M n’umwana wo mu Byangabo imuha 10M,aba asinyiye kuri Faradja hôtel gutyo.

Amakuru avuga ko uyu yahawe Miliyoni 25 asinya amasezerano y’imyaka 2.