Print

Tanasha wabyaranye na Diamond yavuze icyo yifuza ko umwana we yazaba cyo bitandukanye n’ubuhanzi

Yanditwe na: ISHIMWE JANE 29 July 2022 Yasuwe: 1125

Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Kenya, Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz, yavuze ko atifuza ko umuhungu we yazaba umuhanzi.

Tanasha Donna yabajijwe niba yaba abona umuhungu we ashobora kuzavamo umuhanzi, avuga ko bishoboka gusa yongeraho ko abaye ari we ugena atabyifuza.

Agira ati: ”Ntekereza ko bishoboka kuko ababyeyi be bose ni abahanzi ariko na none Imana ni yo izi aho imuganisha. Ntakubeshye bibaye ari njye ubigena nubwo bisa nko kwikunda, nakifuza ko yaba umukinnyi w’umupira w’amaguru.”
Tanasha Donna yabajijwe niba yaba abona umuhungu we ashobora kuzavamo umuhanzi, avuga ko bishoboka gusa yongeraho ko abaye ari we ugena atabyifuza.

Agira ati: ”Ntekereza ko bishoboka kuko ababyeyi be bose ni abahanzi ariko na none Imana ni yo izi aho imuganisha. Ntakubeshye bibaye ari njye ubigena nubwo bisa nko kwikunda, nakifuza ko yaba umukinnyi w’umupira w’amaguru.”

Tanasha avuga ko mu bintu byatuma atifuza ko umwana we aba umuhanzi ari uko abahunza bahura na Politike cyane kandi ntibagire imyitwarire myiza nk’iyakinnyi.