Print

Umusore agiye gushyingiranwa na murumuna w’umukunzi we wapfuye habura iminsi mike ngo bakore ubukwe

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 5 August 2022 Yasuwe: 2156

Umunya Nigeria, Sufiyanu Abubakar Salihu ari hafi kurongora Fatima Ibrahim Kani, murumuna w’umukunzi we Rukaiya Ibrahim Kani umaze iminsi mike apfuye.

Nk’uko amakuru abitangaza, Sufiyanu na Rukaiya bagombaga gushyingirwa ku ya 12 Kanama 2022 muri Leta ya Bauchi mu majyaruguru ya Nigeriya ariko apfa ku wa gatatu Nyakanga 27.

Ku ya 28 Nyakanga, Sufiyanu yifashishije urubuga rwa Twitter kugira ngo atangaze urupfu rwa Rukaiya wari hafi kumubera umugore.

Hagati aho, Fatima yaririye mukuru we wapfuye mu butumwa yashyize hanze nyuma y’umunsi umwe apfuye, yandika ati: “Mu by’ukuri, ubuzima n’ubw’igihe gito kandi urupfu ni iherezo utakwirinda byanze bikunze. Nabuze undi mukuru wanjye Ruqayya Ibrahim Kani , ubukwe bwe bwagombaga kuba mu byumweru bibiri ariko ubu yagiye burundu. Nyamuneka musengere mushiki wanjye."

Aba bombi mu marira yabo baje kwihuza birangira biyemeje kurushinga ku munsi n’ubundi ubu bukwe bwagombaga kuberaho.

Musaza w’aba bakobwa 2, Aliyu Ibrahim Kani, yerekeje kuri Facebook ku wa gatatu Kanama atangaza ko ubukwe bugomba kuba nkuko bwari buteganyijwe hagati ya Sufiyanu na mushiki we Fatima uzasimbura nyakwigendera. Yasangiye abantu kandi ubutumire aho Rukaiyat yasimbuwe na Fatima.