Print

Ukraine yasabye ibihugu by’Uburayi kwangira Abarusiya kubatemberera

Yanditwe na: Joseph Iradukunda 12 August 2022 Yasuwe: 748

Umukuru w’igihugu cya Ukraine Volodymir Zelensky yasabye ibihugu by’ Uburayi byose gukumira Abarusiya bose bashaka kugenderera uwo mugabane

N’icyifuzo cyahise cyamaganirwa kure n’Uburusiya nyirizina. Aganira na Washington Post, Zelensky yavuze ko ‘’abarusiya bakwiye kuba kw’isi ya bonyine kugera bahinduye imyitwarire.

Avuga ko icyo kemezo aricyo cyagira akamaro kurusha ibindi bihano byose byitwa ko byafatiwe Uburusiya birimo kwanga ko indege zabo kwinjira I Burayi.

Kugeza ubu ,abarusiya baracyahabwa impushya zo kwinjira (Visa) mu bihugu by’uburayi
Ubusabe bwa Zelensky bushobora kwakirwa n’abantu bake kubera Uburusiya n’ubwo buri mu bihano by’uburayi busanzwe bufite imikoranire mu bucuruzi kandi benshi baracyabukeneye

Urugero n’inkibihugu bya Misiri , Turkiya na Arabiya Saoudite.