Print

Oda Paccy ari mubyishimo byinshi nyuma y’uko agiye gusoza Kaminuza(AMAFOTO)

Yanditwe na: ISHIMWE JANE 15 August 2022 Yasuwe: 925

Kuri ubu Oda Paccy yamaze kwandika igitabo kimwemerera kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, muri UTB.

Ni icyiciro uyu muhanzikazi arangije nyuma y’imyaka hafi 10 asubitse amasomo.

Mu 2013 nibwo Oda Paccy yahagaritse amasomo mu gihe yari asigaje umwaka umwe ngo arangize kwiga kaminuza, aza gusubukura mu mwaka ushize.

Igitabo Oda Paccy yanditse yagituye umubyeyi we n’inshuti ye magara, ahamya ko bamubaye hafi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga Oda Paccy yagize ati "Reka nkushimire bwa mbere wowe mama wanjye wambaye hafi muri uru rugendo! ibyo navuga ni byinshi ariko ibi byose watumye mbigeraho! Ntacyo unyima, ibyo nyuramo byose uba uhari ukankomeza, uri ishema ryanjye!”

View this post on Instagram

A post shared by Oda Paccy (@odapaccy_official)

Undi Oda Paccy yashimiye mu butumwa bwe ni inshuti ye magara Umutoni Elyse Nadia, akaba n’umujyanama we mu bya muzika.