Print

Ghana:Umugabo arembejwe no kuba yari agiye kwikuraho imyanya y’ibanga ubwo yari mu nzozi

Yanditwe na: ISHIMWE JANE 19 August 2022 Yasuwe: 838

Avuga ko yikebye ubugabo, ndetse igitsina cye aragikomeretsa ubwo yari mu bitotsi.

Kofi Atta arwariye mu Bitaro kuva yahura n’iriya sanganya mu ntangiriro z’uku kwezi.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Kofi w’imyaka 47 yayitangarije ko arimo gushakisha ubufasha ngo abone amafaranga yo kwibagisha.

Uyu mugabo yasubiyemo uko byamugendekeye akenda kwikuraho burundu ibimuranga nk’umugabo.

Ari kwa muganga yabwiye Umunyamakuru wa BBC ati: “Nari nicaye mu ntebe ubwo nari mfashwe n’agatotsi. Nsinziriye naje kurota ndimo nkeba inyama zindi imbere.”

Inzozi ze zaje kuba impamo kuko yakangutse ari kwa muganga ariko ari we wendaga kwikuraho imyanya y’ibanga.

Ati “Ntabwo nibuka uko naje gufata icyuma.”

Yavuze ko yibuka abaturanyi be bahurijwe n’induru yavugije kandi we yarumvaga ko asinziriye. Abamutabaye bamusanze mu nzu wenyine ariko yakomeretse avirirana.

Src:BBC