Print

Abantu 12 bakomeretse ubwo babyiganaga bashaga kureba Perezida Kagame

Yanditwe na: Joseph Iradukunda 13 May 2023 Yasuwe: 1476

Abaturage benshi bari bahagaze mu igorofa aho bari bitegeye umuhanda bategereje ko Perezida Kagame wari uvuye mu ruzinduko mu Karere ka Rubavu ahanyura. Mu gihe yari amaze kuhanyura abaturage bose bashakaga kumureba, babyiganye begamira ibyuma bifata abantu [garde-fou] biracika, bitura hasi.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umujyi wa Kigali ryihanganisha abakomeretse ndetse rikavuga ko bari kwitabwaho.

Ati “Muri iyi mpanuka hakomeretse abantu 12 barimo abagore bane n’abagabo umunani. Babiri bararembye cyane, barimo kwitabwaho mu bitaro bya CHUK, Umujyi wa Kigali ukaba ukomeza kubakurikiranira hafi.”

Iyi mpanuka yabaye ahagana saa Kumi n’Ebyiri n’iminota 15.