Print

RDC: ishyirahamwe ry’aborozi ryavuze ko FDRL imaze kuritwara inka zirenga 1000

Yanditwe na: Joseph Iradukunda 19 May 2023 Yasuwe: 867

Ibi byemejwe kuri uyu wa gatanu n’ishyirahamwe ry’aborozi bo muri Kivu y’Amajyaruguru “ACOGENOKI” nkuko byanditswe n’urubuga rwa radio Okapi.

Iri shyirahamwe ritunga agatoki umutwe w’inyeshyamba wa FDLR usanzwe urwanya u Rwanda kuba ku isonga muri ibi bitero.

Ni ibitero ngo byahungabanyije bikomeye ubworozi bwa benshi cyane cyane abafite inka nyinshi.

Ubwoba ni bwinshi kuri aba borozi ndetse ngo abenshi muribo batangiye kugurisha inka zabo mu rwego rwo kwirinda ko bakomeza kugirirwa urugomo.