Print

Yimanitse mu mugozi hakekwa kurambirwa Umugore we umuhoza ku nkeke

Yanditwe na: Joseph Iradukunda 7 November 2023 Yasuwe: 1535

Yari amaze iminsi yivuriza mu bitaro bitandukanye harimo na CHUK ariko ngo gukira byari byaranze.

Uwaduhaye amakuru yagize ati: “ Ejo ahagana saa munani twagiye kumva twumva baraduhuruje ngo Bakinahe yimanitse. Yari amaze iminsi yivuza ariko mu minsi ishize wabonaga ko afite imbaraga.”

Nyakwigendera ngo ntiyavugaga rumwe n’umugore we amucyurira ko yakenesheje urugo kubera ko kwivuza bya hato na hato.

Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Kirinda ngo usuzumwe mbere y’uko ashyingurwa.

Bari bafitanye abana bakuru barimo n’abashyingiwe, bamwe baba mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gusanga yapfuye, abaturage bakodesheje imodoka y’umwe mu bacuruzi bo mu isanteri ya Birambo mu Murenge wa Gashari ngo umurambo we ugezwe i Kirinda.