Print

Buruse ku bifuza kwiga ibyo kuyobora indege

Yanditwe na: Emmy 13 March 2024 Yasuwe: 1444

Iri shuri rizwi nka EAMAC (Ecole de la Météorologie et de l’Aviation Civile) riherereye i Niamey muri Niger. Ryashinzwe mu 1963.

Apollin Komguem Magni uhagarariye ASECNA mu Rwanda, yatangaje ko abifuza guhatanira iyi buruse basabwa kuba bafite imyaka y’amavuko iri hagati ya 21 na 29.

Ikindi uhatanira iyi buruse asabwa ni ukuba yarize imyaka ibiri muri kaminuza cyangwa yararangije icyiciro cyayo cya kabiri mu masomo arimo Imibare, Ubugenge, Engineering, ikoranabuhanga, Ibinyabuzima, Ubutabire na Electronics cyangwa akaba yararangije muri IPRC.

Ubuyobozi bwa ASECNA mu Rwanda bwatangaje ko igihe ntarengwa cyo kwiyandikisha ku rubuga www.eamac.ne ari tariki ya 22 Werurwe, itariki zo kumenyesha abakandida batoranyijwe ni iya 3 n’iya 4 Kamena 2024.

Busobanura kandi ko abazahabwa iyi buruse, nibarangiza kwiga muri EAMAC, ASECNA izabaha akazi.