Print

Umukobwa wakundanaga na Yvan Buravan yambitswe impeta n’undi musore

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 14 April 2024 Yasuwe: 1737

Mu butumwa yasangije abamukurikira yashimiye Imana imuhaye umugabo yishimira kumubona iruhande rwe.

Yanditse agira ati “Urakoze Mana ku bw’umugabo mfite mu buzima bwanjye, kuboneka kwe, inkunga ye n’urukundo rwose anzanira buri munsi, nshimishijwe no kumubona iruhande rwanjye.”

Uyu mukobwa ntiyashatse kugaragaza isura y’uyu musore yihebeye nyuma ya Yvan Buravan witabye Imana ku wa 17 Kanama 2022.

Kugeza ubu nta makuru menshi aramenyekana kuri uyu musore wambitse impeta Chaffy Marty gusa bivugwa ko atuye mu Bwongereza.

Mu ntangiro ya 2023 binyuze ku mbuga nkoranyambaga uyu mukobwa yabajijwe niba ashobora kongera gusubira mu rukundo n’undi musore nyuma ya Yvan Buravan.

Icyo gihe Chiffa Marty yahishuye ko yiteguye kongera gukundana gusa yizera ko uwo azakunda azaba ari Yvan Buravan umumwoherereje.