Print

Mama Sava yibasiye umuhanuzi wamuhanuriye ko azarongorwa na Papa Sava

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 22 April 2024 Yasuwe: 1862

Mu kiganiro Sunday Choice cyo ku ISIBO TV, Mama Sava yahamije urugamba arimo ati:“Ndimo ndahangana n’umukaritasi w’umupasiteri.”

Yavuze ko atazasubira gusenga kubera ubu buhanuzi yahawe avuga ko ari ubuhanuzi bw’ibinyoma.

Uyu yemeje ko ubu buhanuzi yahanuriwe budafite ishingiro kubera ko Imana ikwiye kumenya gutandukanya Papa Sava na Niyitegeka Gratien.

Uyu yavuze ko Imana asenga atari injiji ku buryo inanirwa gutandukana Papa utabaho kuko n’izina ry’umukinnyi wa filimi na Niyitegeka Gratien uzikina.

Abajijwe niba yaba atarimo guhangana n’ubuhanuzi bw’Imana, Mama Sava yavuze ko arimo ahangana n’umukaritasi w’umupasiteri.

Uyu mupasiteri ngo yahanuriye Mama Sava bataziranye kuko uru rusengero yarugiyemo kubera inshuti ye yari yamutumiye.

AMASHUSHO: “Ndimo ndahangana n’umukaritasi w’umupasiteri” Mama Sava yigaramye ubuhanuzi bwo kurongorwa na Papa Sava.

Mu kiganiro Sunday Choice, Mama Sava yavuze ko atazasubira gusenga kubera ubuhanuzi yahawe avuga ko ari ubuhanuzi bw’ibinyoma ndetse ko ubuhanuzi yahanuriwe… pic.twitter.com/VWW847pj9l

— Inyarwanda.com (@Inyarwandacom) April 22, 2024