Umugabo yaciye ibintu nyuma yo gusaba Papa ko yamubera umugore
Yanditswe: Monday 25, Dec 2023
Umugabo wo muri Malawi yaciye ibintu nyuma yo gushyira hanze amashusho asaba umuyobozi wa kiliziya gatolika ku isi, Papa Francis ko yamubera umugore.
Muri iyi videwo yagiye ku mbuga nkoranyambaga igaca ibintu,uyu mugabo wiyita Comrade Big Joe The Lions w’ahitwa Kaning’ina yoherereje Papa ubutumwa bw’urukundo avuga ko yabonye ibintu byose yifuza mu buzima bwe gusa yifuza ko Papa yamubera umugore.
Ibi bibaye nyuma y’iminsi ine Papa Francisco yemereye abapadiri muri kiliziya gatolika ya Roma guha umugisha ababana bahuje ibitsina.
Ibi byazamuye impaka zitandukanye ku isi aho bamwe mu bapadiri na ba musenyeri babyamaganye ku mugaragaro bavuga ko ari ikizira cyaba cyinjiye muri Kiliziya kandi itunganye.
Ushaka kureba iyi Videwo wayireba hano:https://zambianobserver.com/malawian-man-proposes-to-marry-pope-of-roman-catholic/
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *