skol
fortebet

Abadepite 2 bo muri Kenya bagundaguraniye mu kiriyo bashinjanya ubujura

Yanditswe: Wednesday 03, Feb 2021

Sponsored Ad

skol

Depite Simba Arati uhagarariye agace ka Dagoretti y’Amajyaruguru na Sylvanus Osoro uhagarariye agace ka Mugirango y’Amajyepfo bagundaguraniye mu kiriyo bari bahuriyemo maze umwe agashinja undi ko ari umujura.

Sponsored Ad

Izo mvururu zabaye kuri uyu wambere , zakomotse kuri Simba. Ubwo yari atangiye kugeza ijambo ku baje mu kiriyo, yagize ati “Dufite abayobozi benshi aha b’inshuti z’akadasohoka za Visi Perezida bamaze kwangiza ubuzima bwabo. Aba ni amabandi badakwiriye kwemererwa kujya mu mwanya uwo ari wo wose w’ubuyobozi.”

Depite Sylvanus Osoro wari wasoje ijambo rye mbere, yahagurukanye uburakari, afata mu mashati Depite Simba, batangira guterana ibipfunsi.

BBC yatangaje ko hataramenyakana uburyo Osoro yakubiswemo, gusa amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uwo mudepite yicaye hasi mu buryo bigaragara ko atahicaye ku bushake.

Ubusanzwe Osoro ni inshuti n’umurwanashyaka wa Visi Perezida wa Kenya, William Ruto mu gihe Arati ari umurwanashyaka wa Raila Odinga utavuga rumwe na Leta. Ruto na Odinga bari bari muri icyo kiriyo.

Abapolisi nibo bahagobotse bakiza iyo mirwano yari imaze kudurumbanya ikiriyo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa