Ubukwe bwa Ali Kiba n’ umukunzi we busigaje iminsi ibarirwa ku ntoki
Yanditswe: Wednesday 11, Apr 2018
Biteganyijwe ko Taliki ya 19 Mata 2018 aribwo umuhanzi Ali Kiba azakora ubukwe n’umukobwa witwa Amina Rikesh.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Edaily aravuga ko umwe mu bashyitsi bakuru bazataha ubukwe bwa Ali Kiba yatangaje ko buzaba Taliki ya 19 Mata 2018 aho azarongora umukobwa witwa Amina Rikesh ukomoka i Mombasa mugace ka Kongowea.
Amina Rikesha uzarongorwa na Ali Kiba
Yagize ati “ Abateguye ubukwe banyoherereje ubutumire kuri Telefone bambwira ko ubukwe buzaba taliki ya 19 Mata.
Umujyanama mukuru wa Ali Kiba yemeje ko gahunda y’ubukwe ihari ,mu guhe guverineri wa Mombasa Ali Joho ashobora kuba ari mushyitsi w’imena muri ibi biroro.
Amakuru yakomeje ashimangira ko impamvu nyamukuru Ali Joho ariwe uzaba umushyitsi mukuru muri ubu bukwe aruko ubusanzwe ari inshuti magara n’umuryango wa Amina, Ali Kiba azakuramo umugeni.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *