skol
fortebet

Indege ya Air France yajyanye abantu banduye Coronavirus muri Kameruni ’Cameroun’

Yanditswe: Thursday 19, Mar 2020

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2020, Indege ya Air France yageze i Douala, umurwa mukuru w’ubukungu wa Kameruni, yateje impaka zikomeye kuri iki kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Douala kubera ko abantu bayirimo bose banduye Coronavirus.

Sponsored Ad

Iyi ndege yateje ubwoba mu gihugu cya Afurika yo hagati kubera ko Abanyakameruni batinya ko bagenzi babo bo muri Kameruni ndetse na bamwe mu Bafaransa bayijemo banduye iyi ndwara ya coronavirus iteje akaga kandi yahungabanije ibikorwa by’ubukungu ku Isi ikanahitana ibihumbi n’ibihumbi by’abantu, cyane cyane mu Bushinwa aho iyi virusi yatangiriye.

Abarenga kimwe cya kabiri cy’abo bagenzi bapimiwe ku kibuga cy’indege basanze baranduye, bituma abantu benshi bemeza ko bishobora guhagarika igihugu.

Nyuma yo kumva ikibazo kiri i Douala, guverinoma ya Yaoundé ifite ingufu nke kandi iri guhomba yategetse gusa iyi ndege gusubiza iyi mizigo y’abanduye i Paris, ariko abakozi bayo bavuga ko Roissy Charles de Gaulle kuri ubu ifunzwe ko bitashoboka kuzana imizigo y’abantu banduye mu Bufaransa.

Ndetse n’Abafaransa baje muri iyi ndege batangaje ko badashobora gusubira mu Bufaransa, kubera ko virusi yuzuye mu Bufaransa hose iri gushakisha abo yahitana.

Ibi bintu byasabye ko Guverineri wa Littoral yabigiramo uruhare, yahise agera ku kibuga cy’indege kugira ngo abashe kubyitaho. Abagenzi n’abakozi ba Air France bashyizwe mu kato muri hoteri yaho hafi i Douala

Isi ntirabona umubare munini wabantu banduye mu ndege. Kameruni buri gihe itanga urugero, ndetse no mubihe bibi.

Abagenzi 144 bari mu ndege ntibagombaga no kuza i Douala kuko bari basanzwe bagaragaza ibimenyetso by’iyi indwara ya coronavirus yica mbere yuko binjira mu ndege i Paris.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Douala habaye urujijo rwose kuko abagenzi 144 banduye basabwe gusubira i Paris aho banduriye iyi virusi idashakwa hano mu gihugu.

Birakekwa ko abagenzi 144 bari mu ndege banduriye icyorezo cya coronavirus mu Burayi.

Umwe mu bayobozi ku kibuga cy’indege cya Douala wahisemo kutamenyekana yabwiye itsinda rya Concord News Group rya Kameruni ko Air France yarangije kwica Abanyakameruni, yongeraho ko Abanyakameruni benshi vuba aha bagiye kwerekeza mu mva hakiri kare kubera ikosa ritababarirwa ryakozwe mukuzana imizigo nkiyi idashakwa mugihugu.

Kugira ngo ikibuga cy’indege kigarure ituze, guverineri wa Littoral yamenyesheje abagenzi ko kubera ibibazo byinshi bya coronavirus, abari mu ndege bazashyirwa muri gereza kugira ngo barusheho gusuzumwa no gukurikiranwa.

Ariko Abanyakameruni basanzwe babura ibitotsi kuko bazi uko ibintu bikora mugihugu cyabo.

Gahunda z’ubugenzuzi z’igihugu zisiga byinshi byifuzwa, kandi urebye urwego rwa ruswa mu gihugu, bamwe muri abo bagenzi bashobora gutanga ruswa kugira ngo bave mu bigo by’akato.

Ati: “Mu mujyi no mu gihugu hari ubwoba bwinshi. Aba bagenzi ba Air France banyangirije umunsi. Nabonye imbaga y’abantu banduye kuri televiziyo, sinari nzi ko igihugu cyanjye kizakira bamwe muri bo hano muri Kameruni.” Ibi bikaba byavuzwe na Concord News Group.

“Mu gihugu hose hari igitutu cyinshi kandi amakuru y’aba bahageze yatumye ibintu birushaho kuba bibi. Abantu benshi barateganya guhungira mu midugudu yabo kuko virusi ikwira mu mijyi.”

Yongeyeho ko guverinoma igomba gukora vuba kandi ikemeza ko n’Abanyakameruni baba mu mahanga batazagaruka byibuze mu mezi atatu ari imbere.

“COVID-19 nta nshuti igira. Ntabwo ihitamo. Niba yarashoboye kuzahaza Ubushinwa n’Ubutaliyani, noneho kuri twe ishobora kutwihutisha ku mva byoroshye hakiri kare. ”

Ati: “Ntabwo dufite ibikoresho fatizo by’ubuzima kandi abayobozi bacu batekereza buhoro. Niba tutitonze, iyi virusi izangiza ibintu byinshi mu gihugu ”.

Ibitekerezo

  • Abafaransa ntakeza bashakira africa. Baragirango na africa igire umubare w,abarwayi urihejuru.kuko ibyabo byose biba bitumbiriye inyungu zihishe mubugome bafitiye africa.ngaho baribaza impamvu muri africa hatari umubare munini nk,iwabo! Nkaho uwarikubazanira umurwayi wa ebora iwabo batari gufata icyemezo cyo kudusukaho urubura rwaza misile.ahaa nzaba ndeba?MANA URINDE AFRICA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa