Mu mafoto reba umukecuru utwite inda y’abana 4 ukomeje gutangaza isi yose[AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 14, Sep 2018
Tracey Britten ni umukecuru w’imyaka igera kuri 50 y’amavuko, uyu mugore utwite impanga z’abana bane yatangaje benshi mubumvise iyi nkuru, ahita aca agahigo aba umugore wambere uugiye kubyara akuze cyane mugihugu cy’Ubwongereza.
Tracey Britten, akomoka mugihugu cy’Ubwongereza, ubusanzwe afite abana 3.
Uyu mugore uri muzabukuru kuburyo ndetse arimugihe cyo gucura, ahamyako yari amaze igihe ashakisha imiti ituma adacura kuko muri we ngo yumvaga ashaka umwana mu masaziro ye.
Britten kuri ubu afite abuzukuru 8, yagiye agaragaza kenshi ko yifuza gutwita ndetse ngo yagerageje nogushaka imiti ituma adacura, kuri ubu ari mu byishimo bidasanzwe kuko yabwiwe n’abaganga ko atwite abana bane harimo abakobwa 3 n’umuhungu umwe, ibi abigezeho ngo amaze gutakaza akayamo k’amayero agera ku 7000 akabakaba millioni 7 mu mafranga y’u Rwanda.
Tracey Britten yagize ati “Buri mwaka nahoraga nshaka umwana ariko ku myaka 50 nibwo navuze nti ngiye kubigeraho.Sinitaye ku bavuga ko nta bushobozi bwo kuba umubyeyi ngifite.Bazahindura ibitekerezo byabo nibabona mfite abana 4 b’impinja.”
Uyu mugore ukomeje kuba icyamamare mubitangazamukuru bitandukanye kubera ko yatwise ari muzabukuru, umwana we mukuru afite imyaka 32 naho umukurikira afite imyaka 31 naho uwa Gatatu akagira imyaka 22.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *