Nakunze abakobwa bo mu Rwanda ndetse mfitanye isano n’abanyarwanda –Pallaso [ VIDEO]
Yanditswe: Wednesday 08, Aug 2018
Umuhanzi Pallaso yavuze ko yakunze abakobwa bo mu Rwanda ndetse ko Nyirakuru we yari umunyarwanda bivuga ko nawe afitanye isano n’abanyarwanda.
Taliki ya 3 Kanama 2018 . Nibwo umuhanzi Pallaso yari mu Rwanda mu gikorwa cyo gufasha mugenzi we Dj Pius mu muhango wo gushyira hanze Album ye yise Iwacu ,aho uyu muhanzi yashimishije abaje kumwihera ijisho muri Camp Kigali.
Mu kiganiro n’UMURYANGO Pallaso yavuze ko yishimye cyane kandi ko ashimira umuhanzi Dj Pius.
Abajijwe uko yabonye u Rwanda yavuze ko yakunze abakobwa baho ndetse ko nawe afitanye isano n’ abanyarwanda kuko nyina Nyirakuru Mayanja akomoka mu Rwanda bivuga ko nawe afitanye isano n’abanyarwanda.
Abajijwe icyo umuhanzi nyarwanda wifuza gukorana nawe icyo yaba yujuje yavuze ko ntakidasanzwe gusa ko agomba kuba afite impano ndetse yumva ko akunda umuziki muri rusange ndetse no kwemera kwitanga aho bishobotse bagakora ibikorwa.
REBA AMASHUSHO:
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *