Nigeria: Dogiteri yatandukanyije impanga 2 zavutse zifatanye
Yanditswe: Wednesday 31, Oct 2018
Dogiteri witwa Nuhu Kwajafa muri Nigeria yatandukanyije impanga 2 zavutse zifatanye igihimba.
Kuri uyu uyu wa Gatatu Taliki ya 31 Ukwakira 2018 ,nibwo inkuru yabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga ko abana 2 bavutse bafatanye batandukanyijwe n’umudogiteri uzwi ku izina rya Nuhu Kwajafa nyuma yuko umuryango w’abana utari wizeye neza ko aba bana bazatandukana bitewe n’uburyo bari bafatanyemo.
Nyuma yo gusuzuma aba bana bakabatandukanya kuri ubu ibyishimo ni byinshi ku muryango wibarutse bano bana aho bavuga ko ibyo uyu mu Dogiteri yakoze ari igitangaza ndetse ko badafite icyo bamuha ngo bamushimire keretse Imana yonyine yo mu Ijuru.
Nyuma yuko ibi bibayeho Nuhu Kwajafa yanditse ubutumwa kuri konte ye ya instagram ashimira abaganga bafatanyije nawe mu gikorwa cyo kuvura aba bana ndetse ahamya ko batari kubyishoboza bonyine keretse Imana yabagenderye ikabatiza ubushishozi ndetse n’ubwenge. Yasoje ashimira Imana yamukoreyemo yakoze ibitangaza kugirango kiriya gikorwa kigende neza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *