skol
fortebet

Safi natekereje kugukunda mbona wazambabaza mugihe naba ntakikubona-Umukunzi wa Safi Madiba[AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 25, Mar 2021

Sponsored Ad

skol

Umufana w’umuhanzi Niyibikora Safi, yahamije ko yahisemo kumukunda kuko abona yazamubabaza mugihe yaba atakimubona.

Sponsored Ad

Safi Madiba ni umwe mubahanzi bakunzwe hano mu Rwanda, uyu mugabo wagiye gutura mu mahanga,nubu aracyakurikirwa n’abafana be bari i Kigli.

Ku ifoto yashyize kumbuga nkoranyambaga ze, Safi, umufana we yagaragaje amarangamutima amugaragariza uburyo akunda uyu muhanzi bidasanzwe.

Mu bitekerezo byinshi byatanzwe kuri iyi foto, uwitwa Ndayizeye yagize ati “Safi natekereje kugukunda mbona wazambabaza mugihe naba ntakikubona mpitamo kugufana”

Undi witwa Butera nawe yagize ati“Yawe safi disi narinkumbuye kukubona vrm bro komeza w’ubahwe”.Marcel Dusabimana nawe ati “Msz madiba turakwemera dukumbuye imizigo yawe”

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2020, Safi Madiba yerekeje muri Canada benshi bakeka ko yaba agiye kubana n’umugore we nkuko byagiye bivugwa.

Ntihaciye kabiri Safi Madiba yahise atangaza ko yatandukanye n’umugore we, Safi yagize ati: “Ntabwo twumvikanye. Abantu babiri bashobora kutumvikana bitewe n’imico n’ibindi. Natandukanye n’umugore nta kindi. Hari abashidikanya ariko ni byo”.

Nyuma nabwo hakozwe inkuru nyinshi zivuga kuri Judith ko ngo yaba yarambitswe impeta n’undi musore,intandaro y’izo nkuru akaba ari ifoto Judith yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram agaragaza intoki ze zambaye impeta,bityo bihita bikekwa ko yaba ari kwerekana impeta nshya yambitswe n’umusore mushya bari mu rukundo.

Muri Gashyantare 2020 ni bwo Safi Madiba yagiye muri Canada aho byavuzwe ko yasanzeyo umugore we Judithe kuko ari ho aba, nyuma yaho nibwo byavuzwe ko yatandukanye n’umugore ariko impande zombi zirinda kugira byinshi babitangazaho uretse Safi wenyine wabishimangiye.

Hashize imyaka isaga itatu umuhanzi Safi Madiba asezeranye na Judith Niyonizera. Ku wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2017 nibwo aba bombi bahamije isezerano bemeranya kubana akaramata bahamya ko bazatandukanywa n’urupfu ni mu muhango wagaragayemo ibyamamare bitandukanye byo mu Rwanda ndetse Riderman na Humble Jizzo bakamwambarira.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa