Polisi iri gushaka umugore wafashwe amashusho ari gukubita umugabo mu buryo budasanzwe
Yanditswe: Monday 06, Aug 2018
Polisi yo mu gihugu cya Kenya,iri guhiga bukware umugore wagaragaye ari gukubita icyi n’imigeri umugabo mu buryo budasanzwe amuhoye kwanga kumwishyura ideni ry’amashilingi 200.
Uyu mugore watangaje benshi ku mbuga nkoranyambaga,yakubise uyu mugabo amugira intere kugeza ubwo uyu mugabo yananiwe kugenda.
Umugore yakubise umugabo ananirwa guhaguruka
Nubwo aba bombi batatangajwe amazina ye,uyu mugore yabaye icyamamare ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gufatwa amashusho ari gukubita cyane uyu mugabo byatumye polisi itangira kumukurikirana.
Uruhurirane rw’inshyi,imigeri n’amakofe nibyo uyu mugore nibyo yakubitaga mu maso y’uyu mugabo wamwambuye kugeza ubwo ananiwe kugenda.
Mu bitutsi byinshi ndetse no kwandagaza uyu mugabo,uyu mugore yamukubitaga amubwira ko agomba kumwishyura amafaranga ye byanze bikunze,uyu mugabo we akamubwira ngo amuhe igihe ayashake azayamuha.
Polisi yo muri Kenya yatangaje ko iri gushaka uyu mugore kugira ngo agezwe imbere y’ubutabera azira kwihanira ndetse agakomeretsa bikomeye uyu mugabo
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *