Mu mahanga
Umwigisha w’abayisilamu w’imyaka 40 yafashwe ari gusambanya umwana w’imyaka 16
Yanditswe: Tuesday 21, Jan 2020
Umwigisha w’Abayisilamu [Imam] witwa Sheik Kafero Muhammad Abdullah w’imyaka 40 wayoboraga umusigiti wa Bilali uherereye ahitwa Bwaise yatawe muri yombi na polisi nyuma yo gufatwa ari gusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka 16 mu iduka.
Uyu Imam utuye muri zone ya Nabukaru zone mu gace ka Kawempe,yafashwe mu ijoro ryo kuwa Kane w’icyumweru gishize ari gusambanya uyu mwana w’umukobwa mu iduka rye.
Uyu mwana w’umukobwa uyu Imam yarimo asambanya yiga mu mashuri yisumbuye ku kigo cyitwa Bumutanzi.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kampala, Luke Owoyesigyire,yemeje ifungwa ry’uyu Imam gusa avuga ko yahise atangira gukorwaho iperereza.
Ibitekerezo
Ubusambanyi bukorwa na millions nyinshi ku isi.Nicyo cyaha kizarusha ibindi kubuza abantu paradizo.
Nubwo abantu miliyoni na miliyoni baryamana batarashakanye mu rwego rwo kwishimisha,Imana yaturemye irabitubuza.Itwemerera kuryamana n’umuntu umwe gusa tuzabana binyuze mu mategeko.Ntacyo bimaze kwishimisha akanya gato,hanyuma bikazakubuza ubuzima bw’iteka muli Paradizo kandi ntuzazuke ku Munsi w’Imperuka.Nukugira ibitekerezo bigufi cyane.