skol
fortebet

Afurika y’Epfo izata muri yombi Putin natubaha inama imugira

Yanditswe: Monday 01, May 2023

featured-image

Sponsored Ad

Leta ya Afurika y’Epfo biravugwa ko yaba irimo kwinginga iy’u Burusiya, isaba ko Perezida Vladimir Putin atitabira imbonankubone inama ya BRICS iteganyijwe kubera i Durban mu rwego rwo kwirinda ko yatabwa muri yombi.

Sponsored Ad

Ni inama iteganyijwe kuba hagati y’itariki ya 22 n’iya 24 Kanama, ikazitabirwa n’abayobozi barimo abakuru b’ibihugu bya Brésil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo.

Impamvu Afurika y’Epfo ikomeje gusaba ko Perezida Putin atajyayo, ni impapuro zo kumuta muri yombi muri Werurwe uyu mwaka yashyiriweho n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI/ICC) rumushinja kuba hari ibyaha yaba yarakoreye muri Ukraine.

Gushyira mu bikorwa ingingo za CPI ni itegeko ku bihugu byose byashyize umukono ku masezerano ya Roma yashyizeho uru rukiko, birimo na Afurika y’Epfo.

Ikinyamakuru The Sunday Times kiri mu byubashywe muri Afurika y’Epfo, cyanditse ko hari abategetsi muri iki gihugu bakibwiye ko Pretoria iri mu biganiro n’ubutegetsi bw’i Moscou isaba ko Putin yazitabira iriya nama ya BRICS yifashishije ikoranabuhanga.

Ibitari ibyo abategetsi ba Afurika y’Epfo ngo bizaba ngombwa ko bamuta muri yombi nyuma yo kwisunga amategeko ya CPI.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Afurika y’Epfo yabwiye kiriya gitangazamakuru ko "[Putin] Naramuka aje hano, tuzahatirirwa kumufata."

Perezidansi ya Afurika y’Epfo mu cyumweru gishize yasohoye itangazo rivuga ko nta gahunda yo kwivana mu masezerano ya Roma iki gihugu gifite, bitandukanye n’ibyo Ramaphosa yaherukaga gutangaza.

Mu mpera za Werurwe uyu mwaka Umuvugizi w’Ibiro bya Putin, Dmitry Peskov, yavuze ko kugeza icyo gihe nta mwanzuro wari wagafashwe ujyanye n’uko Perezida Vladimir Putin azajya muri Afurika y’Epfo cyangwa ntajyeyo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa