Itegeko rigenga amatora muri Congo ryategetse 30% by’abagore mu rutonde rw’itora
Yanditswe: Friday 06, May 2022
Mu minsi ishize ihuriro ry’amashyaka muri Congo G13 ryasabye iyubahirizwa rya 30% by’abagore bajya kuri risiti y’abatorwa muri Repuburika ya Demokarasi ya Congo.
Mu minsi ishize ihuriro ry’amashyaka muri Congo G13 ryasabye iyubahirizwa rya 30% by’abagore bajya kuri risiti y’abatorwa muri Repuburika ya Demokarasi ya Congo.
Umubare munini w’Abadepite muri iki gihugu bashyigikiye icyo kifuzo giha agaciro n’umwanya abagore mu butegetsi bwa leta ya DRC.
Bavuze ko abagore muri Congo bagize umubare munini w’abaturage bose ,ariko mu nzego zifata ibyemezo bakaba bakeya cyane. Rero n’umwanya wo kwemera ko abagore bajya bahagararirwa byibura ku kigero cya 30% mu nzego za leta
Ku bwa G13, kugira abagore bahagarariye bagenzi babo kuri lisiti y’itora ku kigero cya 30% si amahirwe ,ahubwo n’uburenganzira bagenerwa n’itegeko nshinga mu ngingo yaryo ya 14.
Ni itegeko risobanura neza ko Leta igomba ku rwanya ihohotera iryo ariryo ryose rikorerwa abagore kandi igaharanira uburenganzira bwabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *