skol
fortebet

Moïse Katumbi yibasiye ubutegetsi bwa Tshisekedi ubwo yari Katanga

Yanditswe: Monday 18, Dec 2023

featured-image

Sponsored Ad

Imbere y’abamukunzi be bensi mu ntara ya Katanga yabereye Guverineri,Moïse Katumbi yavuze ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwaranzwe n’ibikorwa bibi bitandukanye bityo buzahabwa ikarita itukura mu matora ari hafi.

Sponsored Ad

Ibi Katumbi yabitangaje ku wa gatandatu, tariki ya 16 Ukuboza 2023 ubwo yiyamamarizaga i Lubumbashi, umurwa mukuru w’intara ya Haut-Katanga, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Yagize ati: “Turababwira ko atari inzobere mu bushotoranyi, gutera amabuye,iterabwoba n’ibindi. Turashaka amahoro n’ubumwe mu gihugu. Ku ya 20 Ukuboza, bazaba bafite ikarita itukura mu baturage ba Congo."

Yanakomoje ku magambo ya Felix Tshisekedi bahanganye wakunze kumwita umunyamahanga utifuriza ibyiza igihugu cya Congo.

Yagize ati: “Bavuga ko Moïse Katumbi ari umunyamahanga. Ndi umunyamahanga? Oya, tuzasubirisha amajwi y’ibihano twitabira cyane ku biro by’itora. Dufite ingabo, arizo mwebwe abaturage. Imbere y’ibibazo byabo, bo ntibazashobora kurwanya ingabo zacu, abaturage ba Congo. ”

Moïse Katumbi yashoje kwiyamamaza kwe mu matora aho yageze mu mijyi myinshi yo mu gihugu, usibye muri Kasai. Kuri buri cyiciro, yasabye ko ubutegetsi buriho bwavaho hakajyaho ubundi, mu rwego rwo gushyiraho imiyoborere iboneye no kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa