skol
fortebet

Perezida Putin yahishuye uwo yifuza ko yatsinda amatora hagati ya Biden na Trump

Yanditswe: Thursday 15, Feb 2024

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya avuga ko yahitamo ko Joe Biden ari we utsinda amatora ateganyijwe muri Amerika mu Ugushyingo aho kuba Donald Trump.

Sponsored Ad

Muri aya magambo bigaragara ko azanengwa na benshi, Putin avuga ko Biden ari inararibonye kandi akaba umuntu woroshe kumenya ibyo atekereza.

Mbere y’uko Trump atorwa muri manda ye ya mbere mu 2016, Putin yari yamushimagije nk’umuntu "w’icyitegererezo kandi w’umunyabwenge".

Mu myaka itari mike, Biden yagiye anegura Putin bikomeye, aho yamwise “umwicanyi”,mbere y’igitero kuri Ukraine.

Perezida Putin kandi yagize icyo avuga ku kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru w’Umunyamerika Tucker Carlson, avuga ko kitamunyuze kuko ibibazo bitari biteguye neza.

Mu kiganiro na Televiziyo y’Uburusiya, ejo ku wa gatatu, Putin yavuze ko ubutegetsi bwa Biden bwaba bwiza ku Burusiya kubera ko ari “umuntu w’inararibonye, woroshe kumenya ibyo atekereza, ni umunyaporitike wo mu bihe bya kera".

Yahakanye ibivugwa ku myaka n’ubuzima bwo mu mutwe bya Biden, aho yavuze ko ubwo babonanaga bwa nyuma mu 2021 i Genève mu Buswisi, nta kintu na kimwe yabonye kidasanzwe.

Ati: "Mbere y’icyo gihe [imyaka itatu ishize] abantu bavugaga ko ntacyo ashoboye, ariko nta kintu nk’iki namubonyemo.

Ni byo, yakomeje kwirebera ku mpapuro ze, ariko mvugishije ukuri na njye nakomeje gukora ibyo. Rero nta na kimwe cyihariye."

Putin asobanura ko Uburusiya buzakorana n’uwo ari we wese "uzagirirwa icyizere n’abanyamerika" agatsinda amatora y’umukuru w’igihugu.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa