Perezida wa Kenya yasabye ko Ubwicanyi Bukorwa n’Abaporisi be Buhagarara
Yanditswe: Tuesday 01, Nov 2022
Perezida wa Kenya, William Ruto, kuri uyu wa mbere yavuze ko atifuza kongera kumva Abapolisi be bakora ubwicanyi mu baturage, kandi ko ababikora bazakurikiranwa.
Ubu ,Abaporisi batari bake bagiye kuburanishwa muri iki cyumweru . barashinjwa kwica abahindi babiri bakoranye na William Ruto mu bihe bye byo kwiyamamaza.
Abasesenguzi bavuga ko kugeza mu butabera abo baporisi ari intambwe mu nzira yo kurangiza amabi akorwa n’abaporisi muri Kenya.
Abandi baporisi bane baciriwe imanza mu cyumweru gishize kuri icyo cyaha cy’ubwicanyi.
Perezida wa Kenya, William Ruto yasabye komisiyo y’igiporisi yigenga kwerekana uburyo iteganya kurangiza ubwicanyi ndengakamere bukorwa n’abaporisi muri Kenya.
Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu nka Amnesty International avuga ko amabi akorwa n’igiporisi ashobora kurangira burundu mu gihe iperereza ryakorwa mu nzego zose z’igiporisi muri Kenya.
VOA
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *