skol
fortebet

Putin yizeje amahoro mu turere Uburusiya bwigaruriye

Yanditswe: Thursday 06, Oct 2022

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Vladimir Putin yasezeranyije ko uturere tune twa Ukraine Uburusiya bwiyometseho tuzagira amahoro.

Sponsored Ad

Mu cyumweru gishize nibwo yatangaje ko Luhansk, Donetsk, Zaporizhzhia na Kherson ari ubutaka bw’Uburusiya nyuma y’amatora ya kamarampaka, ataremewe ku rwego mpuzamahanga.

Putin yasezeranyije biriya mu gihe Ukraine yo ivuga ko yisubije ibice bimwe mu turere twa Luhansk na Kherson.

Ukraine kandi iragenzura ibindi bice bitari bito muri buriya burere bundi bubiri, kandi imaze gufata ibindi bice muri Donetsk.

Gusa umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yavuze ko Uburusiya buzongera bukisubiza uduce twose twafashwe.

Abajijwe ku gutsindwa guheruka, yabwiye abanyamakuru ati: “Nta kwibeshya kuri hano. Hazaba ah’Uburusiya iteka ryose, hazagarurwa.”

Mu ijambo yagejeje ku balimu ku munsi mpuzamahanga wabo kuwa gatatu, Putin yavuze ko “ azateza imbere yitonze” uduce twigaruriwe.

Ariko Andrey Kartopolov, ukuriye komite y’umutekano mu nteko ishingamategeko (State Duma), yabwiye ikinyamakuru cya leta ko Uburusiya bukwiye guhagarika kubeshya ku birimo kuba ku rugamba, avuga ko Abarusiya atari ibicucu.

Ariko nyuma Putin yagenje macye ku matsinda y’abo iyo ngingo ireba, kubera imyigaragambyo ikomeye mu Burusiya irwanya ibyo yasabye.

Nyuma yasinye itegeko ribuza ibyiciro byinshi by’abanyeshuri kujya muri abo bakenewe ku rugamba, harimo abanyeshuri bagitangira amashuri makuru, hamwe n’ibyiciro bimwe by’abanyeshuri biga mu cyiciro cya gatatu bya kaminuza – nk’abari mu ishami rya siyanse.
BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa