Uganda: Bobi Wine yamaganye Leta yafunze Abarwana shyaka be babarirwa mu Magana
Yanditswe: Friday 06, Oct 2023
Umunya politiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yavuze ko abarwanashyaka be babarirwa muri 300 bamukurikijwe ubwo yafungwaga baje kumwakira ku kibuga cy’indege.
Bibi Wine yavuze ko ibyakozwe n’ubutegetsi ari amahano kandi binyuranije n’itegeko kandi ko bigamije ku mushyira hasi.
Ati” umunyamategeko mu ishyaka rye hari abo yabashije gufunguza ariko batanze ingwa mbere y’uko barekurwa.”
Kuri uyu wa kane tariki ya 5 ukwakira 2023 , nibwo Polisi y’igihugu muri Uganda yakumiriye amagana y’abaturage yari yaje guha ikaze umurwana shyaka wabo n’impirimbanyi ya Politiki ,Bob Wine ku kibuga cy’indege, Entebe.
Akihagera, Bob wine yahise afatwa n’aba Polisi bashinzwe kurinda ikibuga cy’indege cya Entebbe bamubuza gutaha iwe no kwakirwa n’abo mu muryango we.
Icyo gihe, Igipolisi cy’Igihugu cyavuze ko cyavunze abantu 40 barimo n’umudepite watonganyije inzego z’umutekano.
Abo batawe muri yombi ngo bashinja guverinoma ikuriwe na Perezida Yoweri Museveni gukoresha Igisirikare na Polisi bagamije kubangamira abo batabona ibintu kimwe kugira ngo babashe kugundira ubutegetsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *