skol
fortebet

Banki y’Isi yafatiye ibihano bikakaye Uganda idaha agaciro abatinganyi

Yanditswe: Wednesday 09, Aug 2023

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’aho igihugu cya Uganda gitoye itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina ,Banki y’Isi yatangaje ko yahagaritse inkunga yakigeneraga.

Sponsored Ad

Mu itagazo iyi Banki yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Kanama 2023,yagize ati: “Itegeko rya Uganda rihana abaryamana bahuje ibitsina rinyuranya n’indangagaciro za Banki y’Isi. Twizera ko icyerekezo cyacu cyo kurandura ubukene ku mubumbe utuwe cyagerwaho gusa mu gihe nta n’umwe uhejwe. Iri tegeko rica integ uyu muhate. Kudaheza no kutavangura ni umutima w’ibikorwa byacu ku Isi.”

Nyuma yo gutanga ibi bisobanuro, Banki y’Isi yagize iti: “Nta yindi nkunga y’amafaranga kuri Uganda izamurikirwa inama nshingwabikorwa yacu kugeza ubwo umusaruro w’ingamba nshya z’inyongera uzageragerezwa.”

Iri tegeko riteganya ibihano birimo kwicwa, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yarishyizeho umukono muri Gicurasi 2023, atangaza kandi ko yiteguye intambara n’amahanga azashyira igitutu ku gihugu cye.

Ibitekerezo

  • Abayobora isi y’umwijima ngiyo imikorere yabo barifuza kurwanya Imana kumugaragaro. uyu musaza yishyire mu biganza by’Imana kuko kumvira Imana biruta kumvira abantu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa